Mu gitondo
Isengesho ryo gutura umunsi
Mutima wa Yezu mutagatifu rwose, nisunze umutima wa Bikira Mariya utagira inenge,
nkagutura amasengesho yanjye,
nibyo ndibukore nibiri bumbabaze muri uyu munsi byose:
ngira ngo ntange icyiru cy’ibyaha byacu,
no kugira ngo nifatanye nawe ku mpamvu zituma witambira ubudatuza kuri alitari.
Cyane cyane mbiguturiye ngusaba icyo Papa yifuza muri uku kwezi, Amina.