Amasengesho ya mu gitondo — Uburyo bwa kabiri

1. Intangiriro

Nyagasani, bumbura umunwa wanjye + Maze ururimi rwanjye ruzatangaze ibisingizo byawe.
Hubahwe Imana Data na Mwana na Roho Mutagatifu, nk'uko bisanzwe iteka, bubahwe n'ubu n'iteka ryose. Amen.

2. Indirimbo — Zab 95

Inyik.: Nimuze dusingize Nyagasani, Imana yacu.
Zab 95
Alleluya (usibye mu Gisibo)

3. Igisingizo

Inyik.: Nimusingize Rurema wuzuye urukundo
waduhaye ubugingo b'iteka.
Imana yaremye byose ibiha umugisha
uko yari yabitekereje kuva kera.
Akira amasengesho yacu
Turagusenga.
Yaremye abantu irema abamalayika
Nk'uko yari yabitekereje kuva kera.
Akira amasengesho yacu
Turagusingiza.
Ibintu byose yabikuye mu busa
Ibisenderezamo urukundo n'ubwenge bwinshi.
Akira amasengesho yacu turagushimira.
Hubahwe Imana Data na Mwana na Roho Mutagatifu
Nk'uko bisanzwe iteka bubahwe n'ubu n'iteka ryose. Amen.
Horana impundu Rurema iteka ryose. Amen.

4. Zaburi

1. Inyik.: Ndashaka kugusingiza Mana yanjye Ku bw'izina ryawe, nzamuye ibiganza. Zab 63 (62)
2. Inyik.: Nimumukuze kandi mumurate ubuziraherezo. Zab 148
3. Inyik.: Mahanga yose, nimusingize Uhoraho. Zab 117 (116)

5. Isomo — Abanyafilipi 4, 8-9

"Ahasigaye, bavandimwe, icyitwa icy'ukuri cyose kimwe n'igikwiye kubahwa, igitunganye, ikitagira inenge, igikwiye gukundwa no kuratwa, mbese icyitwa ingeso nziza cyose kandi gikwiriye ishimwe, abe ari cyo muharanira. Ibyo nabigishije kandi mwemeye, ibyo mwanyumvanye kandi mwambonanye, mujye mubikora, maze Imana y'amahoro izahorane namwe."

6. Igisubizo

"Nzasingiza Nyagasani, iteka n'ahantu hose."
"Nzasingiza Nyagasani, iteka n'ahantu hose."
Ibisingizo bye bizahora ubudatuza mu munwa wanjye,
"iteka n'ahantu hose."
Hubahwe Imana Data na Mwana na Roho Mutagatifu, nk'uko bisanzwe iteka, bubahwe n'ubu n'iteka ryose. Amen.
"Nzasingiza Nyagasani, iteka n'ahantu hose."

7. Indirimbo ya Zakariya: Lk 1, 68-79

Inyik.: Amahanga yose azaza apfukame imbere yawe, kuko wowe wenyine uri Nyir'Ubutagatifu.
Nihasingizwe Nyagasani, Imana ya Israheli, kuko yasuye umuryango we kandi akawukiza.
Yatugoboreye ububasha budukiza, mu nzu ya Dawudi umugaragu we, nk'uko abahanuzi be batagatifu bari barabitumenyesheje kuva kera ko azadukiza abanzi bacu, akatugobotora mu nzara z'abatwanga bose.
Yagiriye impuhwe ababyeyi bacu, maze yibuka isezerano rye ritagatifu ya ndahiro yarahiriye Abrahamu umubyeyi wacu, avuga ko namara kutugobotora mu maboko y'abanzi bacu, azaduha kumukorera nta cyo twikanga, turangwa n'ubuyoboke hamwe n'ubutungane, iminsi yose y'ukubaho kwacu.
Nawe rero wa kana we, uzitwa umuhanuzi w'Umusumbabyose, Kuko uzabanziriza Nyagasani ngo umutegurire amayira, ukamenyesha umuryango we umukiro, bazakesha kubabarirwa ibyaha byabo.
Koko Imana yacu igira impuhwe zihebuje, ari zo zatumye Zubarirashe amanuka mu ijuru aje kudusura, akabonekera abari batuye mu mwijima no mu gicuku cy'urupfu,
kugira ngo atuyobore mu nzira y'amahoro.
Hubahwe Imana Data na Mwana na Roho Mutagatifu, nk'uko bisanzwe iteka, bubahwe n'ubu n'iteka ryose. Amen.

8. Amasengesho yo gusaba

Dusabe Imana, Umubyeyi wacu ushobora byose, We wumvana ubwuzu ukwinginga kw'abana be, tumusingize tugira tuti:
"NYAGASANI, UTWUMVE UTUBABARIRE."
Mana ihoraho kandi ishobora byose, muri Batisimu waduhaye urumuri rushya; uyu munsi udufashe tugendere muri urwo rumuri. Tubisabe Imana.
Tugabire ubwitonzi bwawe, kugira ngo buherekeze imirimo yacu yose kandi buyikomeze. Tubisabe Imana.
Nyagasani, uyu munsi uduhe ingabire zawe kandi uturinde icyaha. Tubisabe Imana.
Uratubere umuvunyi n'umurengezi, kandi uduhe ubwumvikane n'amahoro. Tubisabe Imana.
(Bashobora kongeraho andi).

9. Dawe uri mu ijuru

Dawe uri mu ijuru : Izina ryawe ryubahwe, ingoma yawe yogere hose. Icyo ushaka gikorwe munsi nk'uko gikorwa mu ijuru. Ifunguro ridutunga uriduhe none; utubabarire ibicumuro byacu, nk'uko natwe tubabarira abaducumuyeho; ntudutererane mu bitwoshya, ahubwo udukize icyago. Amen

10. Isengesho risoza — Ku mibyizi

Nyagasani, ineza yawe nimurikire ibikorwa byacu byose, maze amasengesho n'imirimo yacu bigire isoko muri wowe, kandi bihabwe nawe indunduro nziza. Ibyo tubigusabye ku bwa Yezu Kristu, Umwami wacu. Amen.

11. Umusozo

Imana niduhe umugisha + iturinde ikibi cyose, kandi izatugeze mu bugingo bw'iteka. Amen.
Dusingize Nyagasani.
Dushimiye Imana.

12. Indamutso ya Malayika

V. Malayika yasohoje ubutumwa kuri Mariya.
R. Maze Mariya asamishwa na Roho Mutagatifu.
Ndakuramutsa Mariya, wuje inema uhorana n'imana.
Wahebuje abagore bose umugisha na Yezu umwana wabyaye arasingizwa. Mariya Mutagatifu Mubyeyi w'lmana, urajye udusabira twe abanyabyaha kuri ubu n'igihe tuzapfira. Amen.
V. Dore ndi umuja wa Nyagasani.
R. Ibyo uvuze bingirirweho.
Ndakuramutsa Mariya, wuje inema uhorana n'imana.
Wahebuje abagore bose umugisha na Yezu umwana wabyaye arasingizwa. Mariya Mutagatifu Mubyeyi w'lmana, urajye udusabira twe abanyabyaha kuri ubu n'igihe tuzapfira. Amen.
V. Nuko Jambo yigira umuntu.
R. Abana natwe.
Ndakuramutsa Mariya, wuje inema uhorana n'imana.
Wahebuje abagore bose umugisha na Yezu umwana wabyaye arasingizwa. Mariya Mutagatifu Mubyeyi w'lmana, urajye udusabira twe abanyabyaha kuri ubu n'igihe tuzapfira. Amen.
V. Mubyeyi Mutagatifu w'lmana urajye udusabira.
R. Tubone guhabwa ibyo Yezu Kristu yadusezeranyije.
Dusabe
Mana turagusaba, udufashishe ingabire zawe, kugira ngo ibyababaje Yezu Kristu n'Umusaraba we,
bizaduhe kuzukana ikuzo nka we, twe ababwiwe na Malayika yuko Umwana wawe yigize umuntu. Ibyo turabigusaba ku bwą Yezu Kristu Umwami wacu. Amen.
1
2
3
4
5
6
7
8
9
10
11
12